Kinyarwanda - PIH Model Online
Kinyarwanda - PIH Model Online
Kinyarwanda - PIH Model Online
Create successful ePaper yourself
Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.
Igice cya 12: Imiti<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
y’igituntu n’ingaruka<br />
ishobora gutera<br />
Muri iki gice muzamenya imiti ivura indwara y’igituntu abarwayi bafata<br />
n’ingaruka iyi miti ishobora gutera. Muziga kandi uburyo bwo kuganiriza<br />
abaturage ku byerekeye akamaro k’imiti y’igituntu.<br />
Intego<br />
Ku musozo w’iki gice cya 12 muzaba mufite ubumenyi bukurikira:<br />
a .<br />
b .<br />
c .<br />
d .<br />
e .<br />
f .<br />
g .<br />
Gusobanura imiti y’ingenzi ikenewe ku barwayi barwaye<br />
igituntu cyandura n’abarwaye igituntu gisinziriye.<br />
Gusobanura icyo gufata imiti mu buryo buteganijwe<br />
ubudasiba bisobanura n’akamaro ko gufata imiti y’igituntu.<br />
Gusobanura icyo igituntu cy’igikatu bisobanura n’impamvu<br />
ari ngombwa kubimenya.<br />
Gusobanura ingorane zikunze kuvuka iyo umuntu arwaye<br />
VIH n’igituntu.<br />
Gusobanura akamaro k’abaherekeza mu kwita ku barwayi<br />
bafata imiti y’igituntu.<br />
Kumenya ingaruka ziterwa n’imiti zigomba kuvuzwa byihutirwa.<br />
Kumenya ingaruka ku miti y’igituntu zitihutirwa zitagomba<br />
kurenza icyumweru umurwayi atari yivuza.<br />
h . Kumenya ingaruka rusange ziterwa n’imiti y’igituntu zitari<br />
ngombwa kujyana kwa muganga.<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 225
226<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
•<br />
•<br />
•<br />
•<br />
•<br />
•<br />
Ingingo z’ingenzi<br />
Abarwayi b’igituntu bagomba gufata imiti mu gihe cy’amezi<br />
runaka kigenwa na muganga.<br />
Igituntu ni ndwara ishobora kugira ubudahangarwa ku miti<br />
iyo abarwayi batayifashe uko bikwiye, ni ngombwa rero ko<br />
abarwayi badasiba gufata imiti n’umunsi n’umwe cyangwa<br />
ngo bahagarike imiti mbere y’igihe cyateganijwe.<br />
Abarwayi bashobora kugira ingaruka ku miti y’igituntu.<br />
Buri munsi, abaherekeza bagomba kubaza abarwayi uko<br />
bamerewe. Buri cyumweru, bagomba kubaza abarwayi niba<br />
hari ingaruka baba bafite ku miti.<br />
Igihe abarwayi bafite ingaruka zihutirwa, bagomba kwihutira<br />
kujya kwa muganga.<br />
Abarwayi niba badafite ingaruka zihutirwa, bagomba kujya<br />
kwa muganga mu gihe kitarenze icyumweru kimwe.<br />
Amagambo y’ingenzi<br />
Gufata imiti ubudasiba: gufata imiti uko byateganijwe; gukurikiza uko<br />
muganga yabitegetse<br />
Igituntu cy’igikatu: iyi ni indwara y’igituntu idakangwa imiti imwe<br />
n’imwe biba ngombwa ko umurwayi ahabwa imiti y’ubwoko bwinshi<br />
butandukanye<br />
Ubudahangarwa: bivugwa iyo indwara ibashije kwiga amayeri yo<br />
kurwanya imiti, indwara inesha imiti<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda
Imiti y’igituntu<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Kimwe n’imiti igabanya ubukana, imiti y’igituntu igomba gufatanwa<br />
ubushishozi. Bamwe mu barwayi baba bagomba gufata imiti myinshi<br />
itandukanye buri munsi. rifampicin, isoniazid, ethambutol, pyrazinamide<br />
na streptomycin ni imiti ikoreshwa mu kuvura igituntu.<br />
Ntabwo<br />
gifatanwa<br />
n’amafunguro<br />
(nibura amasaha<br />
2 umaze kurya)<br />
Rifampicin (R)<br />
Mu magambo ahinnye rifampicin ni (R).<br />
Ifatwa inshuro 1 ku munsi<br />
Mu gitondo – 6:00<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 227
228<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Ntabwo<br />
gifatanwa<br />
n’amafunguro<br />
(nibura amasaha<br />
2 umaze kurya)<br />
Isoniazid (H)<br />
Ifatwa inshuro 1 ku munsi<br />
Mu gitondo – 6:00<br />
Mu magambo ahinnye isoniazid ni (H). Hari ubwoko 2 bw’ibinini by’umuti<br />
wa isoniazid. Ibinini bipima mg 300 biba bifite umuti ukubye inshuro 3<br />
uboneka mu binini bipima mg 100.<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda
Ikinini gikomatanye:<br />
Rifampicin + Isoniazid (RH)<br />
Ntabwo<br />
gifatanwa<br />
n’amafunguro<br />
(nibura amasaha<br />
2 umaze kurya)<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Ifatwa inshuro 1 ku munsi<br />
Mu gitondo – 6:00<br />
Rimwe na rimwe rifampicin na isoniazid biboneka mu kinini kimwe. Iki<br />
ni “ikinini gikomatanye RH.” Hari ubwoko 2 butandukanye bw’ibinini<br />
bikomatanye. Ibinini bigira mg 300/150 bifite umuti mwinshi muri byo<br />
kurusha ibipima mg 150/100.<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 229
230<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Ikinini gikomatanye:<br />
Rifampicin + Isoniazid + Pyrazinamide (RHZ)<br />
Ntabwo<br />
gifatanwa<br />
n’amafunguro<br />
(nibura amasaha<br />
2 nyuma yo kurya)<br />
Ifatwa inshuro 1 ku munsi<br />
Mu gitondo – 6:00<br />
Bwira abahugurwa ko rimwe na rimwe rifampicin, isoniazid, ethambutol,<br />
na pyrazinamide bishyirwa mu kinini kimwe. Iki ni “ikinini<br />
gikomatanye RHEZ”. Mu magambo ahinnye cyandikwa RHEZ.<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Ikinini gikomatanye: Rifampicin + Isoniazid<br />
+ Ethambutol + Pyrazinamide (RHEZ)<br />
Ntabwo<br />
gifatanwa<br />
n’amafunguro<br />
(nibura amasaha<br />
2 umaze kurya)<br />
Ifatwa inshuro 1 ku munsi<br />
Mu gitondo – 6:00<br />
Bwira abahugurwa ko rimwe na rimwe rifampicin, isoniazid,<br />
ethambutol, na pyrazinamide bishyirwa mu kinini kimwe. Iki ni “ikinini<br />
gikomatanye RHEZ”. Mu magambo ahinnye cyandikwa RHEZ.<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 231
232<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Ikinini gikomatanye RHE<br />
Rifampicin+ Isoniazid+Ethambutol<br />
Ntabwo<br />
gifatanwa<br />
n’amafunguro<br />
(nibura amasaha<br />
2 umaze kurya)<br />
Ifatwa inshuro 1 ku munsi<br />
Mu gitondo – 6:00<br />
Abarwayi b’igituntu gisinziriye nta bimenyetso bagaragaza. Ntabwo<br />
bashobora kwanduza abandi bantu.<br />
Abarwayi b’igituntu gisinziriye, cyane cyane abana bari munsi y’imyaka 6,<br />
bakwiye gufata umuti wa isoniazid buri munsi mu gihe cy’amezi icyenda (9).<br />
Ni inshingano zanyu nk’abaherekeza gukurikirana ko abarwayi banyu<br />
bafata imiti uko bikwiye muri ayo mezi icyenda (9) yose.<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda
Ntabwo<br />
gifatanwa<br />
n’amafunguro<br />
(nibura amasaha<br />
2 umaze kurya)<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Ethambutol (E)<br />
Ifatwa inshuro 1 ku munsi<br />
Mu gitondo – 6:00<br />
Mu nyuguti imwe ethambutol yandikwa gutya (E).<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 233
234<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Ntabwo<br />
gifatanwa<br />
n’amafunguro<br />
(nibura amasaha<br />
2 umaze kurya)<br />
Pyrazinamide (Z)<br />
Ifatwa inshuro 1 ku munsi<br />
Mu gitondo – 6:00<br />
Mu magambo ahinnye pyrazinamide ni (Z).<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda
Streptomycin (S)<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Guterwa urushinge rumwe ku munsi<br />
mu mezi abiri ya mbere<br />
Mu gitondo – 6:00<br />
Mu magambo ahinnye streptomycin ni (S). Rimwe na rimwe mu bihe<br />
bidasanzwe abarwayi baterwa inshinge za streptomycin zo kubavura<br />
igituntu.<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 235
236<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Isoniazid (H)<br />
Igituntu kitandura (gisinziriye)<br />
Umuti ufatwa inshuro 1 ku munsi<br />
Ifatwa mu gihe cy’amezi 9<br />
Abarwayi barwaye igituntu kitandura nta bimenyetso bagaragaza. Ntabwo<br />
babasha kwanduza abandi bantu.<br />
Abarwayi b’igituntu kitandura bakwiye gufata umuti wa isoniazid<br />
inshuro imwe ku munsi mu gihe cy’amezi atandatu. Ni inshingano zanyu<br />
gukurikirana ko umurwayi afata imiti buri munsi muri ayo mezi 6.<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda
Ukwezi 1<br />
Ukwezi 2<br />
Ukwezi 3<br />
Ukwezi 4<br />
Ukwezi 5<br />
Ukwezi 6<br />
Igituntu Cyandura<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Abarwayi b’igituntu cyandura bafata imiti mu gihe cy’amezi 6.<br />
Mu mezi 2 ya mbere, abarwayi bafata imiti y’ubwoko bune butandukanye<br />
(rifampicin, isoniazid, ethambutol, na pyrazinamide.)<br />
Mu mezi 4 ya nyuma, abarwayi bafata ubwoko 2 bw’imiti butandukanye<br />
(rifampicin na isoniazid).<br />
Rimwe na rimwe imiti y’igituntu ikomatanyirizwa hamwe kugira ngo<br />
byorohere umurwayi gufata gufata ibinini bine (4) bitandukanye buri<br />
munsi. Ubwoko bubiri cyangwa butatu bw’imiti bushobora gushyirwa mu<br />
kinini kimwe. Iyo umurwayi afata imiti ikomatanye (rifampicin + isoniazid),<br />
ni nk’aho n’ubundi aba afata imiti y’ubwoko bune (4) uretse ko amira ibinini<br />
bitatu (3) bitandukanye gusa. Umuganga cyangwa umuforomo yandika<br />
imiti umurwayi wawe afata kugira ngo bigufashe kuyibuka.<br />
Imiti y’umurwayi ishobora gutandukana igihe afata imiti igabanya<br />
ubukana hamwe n’iy’igituntu icyarimwe. Akenshi iyi miti irabangamirana.<br />
Rimwe na rimwe, ibi byongera ingaruka ziterwa n’imiti. Ubundi, umuti<br />
umwe hari igihe utuma undi udakora neza. Muganga niwe ufata icyemezo<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 237
238<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
cy’umuti ukwiye ku barwayi ba VIH barwaye n’igituntu. Umuherekeza<br />
agomba kuvugana na muganga kuri izi ngero kugira ngo asobanukirwe<br />
n’ubwoko bw’umuti umurwayi agomba gufata n’inshuro agomba kuwufata.<br />
Iyo umurwayi ahagaritse gufata imiti mbere y’igihe cyateganijwe, bivugwa<br />
ko afata imiti nabi. Iyo umurwayi adafashe umuti uko bikwiye ubudasiba,<br />
indwara y’igituntu ishobora kugaruka. Icyo gihe imiti ntacyo iba ikibashije<br />
kugira icyo imarira umurwayi bityo umurwayi arongera akarwara.<br />
Ubudahangarwa buvugwa iyo igituntu kinesheje imiti<br />
Iyo igituntu kinesheje imiti, umuntu arwara igituntu cy’igikatu, igituntu<br />
cy’igikatu ni indwara ikabije kuba mbi cyane. Iyo umuntu arwaye igituntu<br />
cy’igikatu, abaganga bamwongera imiti myinshi y’ubundi bwoko. Igituntu<br />
cy’igikatu gishobora kwandura mu buryo igituntu gisanzwe cyanduriramo.<br />
Niyo mpamvu umurimo w’abaherekeza ari umurimo w’agaciro cyane.<br />
Mugomba gufasha abarwayi gufata imiti buri munsi kugeza igihe<br />
cyateganijwe, ibi bituma imiti y’igituntu ikomeza gukora neza kuri buri<br />
murwayi wese.<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Abantu babana na VIH/SIDA bakunda kwibasirwa n’igituntu cy’igikatu<br />
kurusha abandi barwayi basanzwe b’igituntu, bikaba bishatse kuvuga ko<br />
imiti isanzwe ntacyo yabamarira. Niba umurwayi wawe akomeje gukorora<br />
cyangwa kunanuka nyuma y’ukwezi kumwe atangiye gufata imiti y’igituntu,<br />
agomba kujya kwa muganga kongera kwisuzumisha.<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 239
240<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Kugenzura ibimenyetso by’ingaruka mbi<br />
ku miti<br />
Kimwe n’imiti igabanya ubukana, imiti y’igituntu nayo ishobora gutera<br />
ingaruka mbi.<br />
•<br />
•<br />
•<br />
•<br />
•<br />
•<br />
Zimwe mu ngaruka mbi ziba zigomba kwihutirwa kuvurwa.<br />
Iyo umurwayi afite izo ngaruka, aba agomba kwihutira kwa<br />
muganga.<br />
Zimwe mu ngaruka ntabwo ziba zihutirwa. Iyo umurwayi afite<br />
ingaruka zitihutirwa, yakwiye kujya kwa muganga mu gihe<br />
kitarenze icyumweru.<br />
Zimwe mu ngaruka z’imiti ni izisanzwe. Ntabwo ari ngombwa<br />
ko umurwayi ajya kwa muganga igihe azifite.<br />
Buri munsi, baza umurwayi wawe uko amerewe. Igihe umurwayi<br />
wawe avuze ko yumva atameze neza, mubaze ikitagenda neza.<br />
Niba ari ngombwa musabe kujya kwa muganga.<br />
Buri cyumweru, baza niba afite ingaruka zihariye.<br />
Reba urutonde rw’ibibazo ushobora kubaza ahanditse “Baza<br />
Umurwayi.”<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda
Ingaruka zihutirwa<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Guhumeka nabi Kuribwa mu gatuza<br />
Amahumane Kuruka<br />
Kumira ukababara Guhinduka umuhondo<br />
Kubyimba amaso Kubyimba ururimi<br />
Kutabona neza Gupfa amatwi<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 241
242<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Ingaruka Zihutirwa Baza Umurwayi<br />
Guhumeka nabi cyangwa<br />
kuribwa mu gatuza<br />
Kubabara mu gatuza<br />
Amahumane<br />
Kuruka<br />
Kumira ukababara<br />
Guhinduka umuhondo<br />
Kubyimba amaso<br />
Kubyimba ururimi<br />
Kutabona neza<br />
Gupfa amatwi<br />
Urahumeka nabi?<br />
Urababara mu gatuza?<br />
Hari amahumane waba ufite ku mubiri?<br />
Ugira iseseme cyangwa uraruka?<br />
Uramira ukababara?<br />
Hari ubwo waba ubona uruhu rwawe<br />
ruhindura ibara?<br />
Amaso yawe yaba abyimbye?<br />
Ururimi rwawe rwaba rubyimbye?<br />
Hari ubwo ugira ikibazo cyo kureba?<br />
Ubasha kureba nk’uko bisanzwe?<br />
Ubasha kumva neza nk’uko byari bimeze<br />
mbere?<br />
Igihe umurwayi wawe afite ingaruka ku miti zihutirwa kuvuza, aba<br />
agomba kwihutira kujya kwa muganga.<br />
Iyo umurwayi akeneye ubufasha mu kugera kwa muganga, ugomba<br />
kumufasha kugerayo uko ubishoboye.<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda
Ingaruka zitihutirwa<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Kuzungera Gucika intege<br />
Kuribwa imikaya<br />
Kokera cyangwa kugira ibinya<br />
mu biganza no mu birenge<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 243
244<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Ingaruka Zitihutirwa Baza Umurwayi<br />
Kudashaka kurya<br />
Kuzungera<br />
Gucika intege<br />
Kuribwa imikaya<br />
Kokera cyangwa kugira<br />
ibinya mu biganza no mu<br />
birenge<br />
Ubasha kurya neza?<br />
Wumva uzungera?<br />
Wumva nta ntege ufite?<br />
Uribwa imikaya/inyama z’umubiri?<br />
Wumva mu biganza cyangwa mu<br />
birenge hokera cyangwa harimo<br />
ibinya?<br />
Iyo umurwayi afite ingaruka zitihutirwa kuvuza, agomba kujya kwa<br />
muganga kwivuza bitarenze icyumweru.<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda
Ingaruka z’imiti zitihutirwa kuvuza<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Imwe mu miti y’igituntu ishobora gutuma umuntu yihagarika inkari<br />
z’umuhondo wijimye usa na n’ibara rya oranje. Ibi ni ibintu bibaho<br />
umurwayi ntabwo aba agomba kujya kwa muganga igihe abibonye.<br />
Ikindi kandi, imiti y’igituntu ituma imiti yo kuringaniza imbyaro idakora<br />
neza. Abagore bashobora kandi bakwiye gukomeza gufata imiti iringaniza<br />
imbyaro, ariko muganga ashobora guhindura uko igomba gufatwa.<br />
Mugomba kwibutsa abarwayi banyu gusobanuza muganga igihe bafata<br />
imiti yo kuringaniza imbyaro.<br />
Abarwayi b’igituntu babana na VIH/SIDA<br />
Abantu babana na VIH/SIDA bashobora kugira ingaruka mbi cyane ku<br />
miti y’igituntu igihe bayifatana n’imiti igabanya ubukana. Genzura witonze<br />
uburyo abarwayi bawe bafata imiti yombi iy’ubukana n’iy’igituntu bamerewe.<br />
Umuntu ubana na VIH/SIDA ufata imiti igabanya ubukana maze agatangira<br />
imiti y’igituntu ashobora kuremba mu minsi ya mbere. Ibi biterwa n’uko<br />
ubushobozi bw’umubiri we bwo kurwanya indwara, ingabo irinda indwara<br />
mu mubiri we, buba butangiye kugira ingufu zo kurwanya igituntu. Iyo<br />
ubushobozi bw’umubiri buri kurwana n’igituntu, rimwe na rimwe umubiri<br />
urangirika maze umurwayi akaba yagira ibimenyetso byisumbuyeho.<br />
Iyo umurwayi afite ingaruka zihutirwa, nko guhumeka nabi, aba agomba<br />
guhita ajya kwa muganga.<br />
Iyo umurwayi afite ingaruka zitihutirwa, agomba kujya kwa muganga<br />
kwivuza mu gihe kitarenze icyumweru.<br />
Iyo umurwayi arembye ku buryo atabasha kugera kwa muganga, mufashe<br />
kugera kwa muganga. Niba bidashoboka, jya kwa muganga ubimenyeshe<br />
abaganga cyangwa abaforomo, maze bashake uburyo umurwayi yagera<br />
kwa muganga.<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 245
246<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Igice cya 12, Umwitozo wa 2<br />
Udukino<br />
•<br />
•<br />
•<br />
•<br />
•<br />
•<br />
Umuherekeza asuye umurwayi w’igituntu umaze amezi arenga<br />
4 afata imiti y’igituntu. Umuherekeza arahageze asanga<br />
umurwayi asa n’ufite agahinda.<br />
Umuherekeza abajije umurwayi impamvu afite agahinda,<br />
amusubije ko yumva ameze neza ko yifuza guhagarika<br />
gukomeza gufata imiti. Ntabwo akunda ibinini ndetse rimwe na<br />
rimwe ibinini bimutera isereri.<br />
Umuherekeza agomba gusobanurira umurwayi impamvu<br />
ari ngombwa gukomeza gufata imiti. Umuherekeza agomba<br />
kugerageza kumva umurwayi akanamufasha.<br />
Umuherekeza asuye umurwayi kugira ngo amuhe imiti<br />
y’igituntu n’imiti igabanya ubukana. Umurwayi arwaye<br />
igituntu na VIH/SIDA icyarimwe.<br />
Umuherekeza abajije umurwayi ibibazo bitandukanye kugira<br />
ngo amenye niba nta kibazo afite mu buzima busanzwe<br />
cyangwa ku miti.<br />
Umurwayi abwiye umuherekeza ko afite ikibazo cyo guhumeka nabi.<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda
Inshingano z’umuherekeza<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
■ Kwitegereza abarwayi igihe bafata imiti buri munsi no<br />
kubashishikariza gukomeza gufata imiti kuzageza igihe cyateganijwe.<br />
■ Kubaza abarwayi, buri munsi, uko bamerewe. Buri cyumeru,<br />
kubaza abarwayi niba hari ingaruka bafite ku miti.<br />
■ Kureba ko nta ngaruka ku miti cyangwa kugubwa nabi n’imiti<br />
y’igituntu abarwayi bagaragaza kugira ngo ubafashe kugera kwa<br />
muganga ako kanya.<br />
■ Kubwira abarwayi bafite ingaruka ku miti zitihutirwa kujya kwa<br />
muganga mu gihe kitarenze icyumweru.<br />
■<br />
Guhumuriza abarwayi bagaragaje ingaruka ku miti zisanzwe zibaho.<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 247
248<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Inyandiko n’ibibazo<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda
Inyandiko n’ibibazo<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 249
250<br />
Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />
Inyandiko n’ibibazo<br />
INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda