21.02.2013 Views

Kinyarwanda - PIH Model Online

Kinyarwanda - PIH Model Online

Kinyarwanda - PIH Model Online

SHOW MORE
SHOW LESS

Create successful ePaper yourself

Turn your PDF publications into a flip-book with our unique Google optimized e-Paper software.

Igice cya 12: Imiti<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

y’igituntu n’ingaruka<br />

ishobora gutera<br />

Muri iki gice muzamenya imiti ivura indwara y’igituntu abarwayi bafata<br />

n’ingaruka iyi miti ishobora gutera. Muziga kandi uburyo bwo kuganiriza<br />

abaturage ku byerekeye akamaro k’imiti y’igituntu.<br />

Intego<br />

Ku musozo w’iki gice cya 12 muzaba mufite ubumenyi bukurikira:<br />

a .<br />

b .<br />

c .<br />

d .<br />

e .<br />

f .<br />

g .<br />

Gusobanura imiti y’ingenzi ikenewe ku barwayi barwaye<br />

igituntu cyandura n’abarwaye igituntu gisinziriye.<br />

Gusobanura icyo gufata imiti mu buryo buteganijwe<br />

ubudasiba bisobanura n’akamaro ko gufata imiti y’igituntu.<br />

Gusobanura icyo igituntu cy’igikatu bisobanura n’impamvu<br />

ari ngombwa kubimenya.<br />

Gusobanura ingorane zikunze kuvuka iyo umuntu arwaye<br />

VIH n’igituntu.<br />

Gusobanura akamaro k’abaherekeza mu kwita ku barwayi<br />

bafata imiti y’igituntu.<br />

Kumenya ingaruka ziterwa n’imiti zigomba kuvuzwa byihutirwa.<br />

Kumenya ingaruka ku miti y’igituntu zitihutirwa zitagomba<br />

kurenza icyumweru umurwayi atari yivuza.<br />

h . Kumenya ingaruka rusange ziterwa n’imiti y’igituntu zitari<br />

ngombwa kujyana kwa muganga.<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 225


226<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

•<br />

•<br />

•<br />

•<br />

•<br />

•<br />

Ingingo z’ingenzi<br />

Abarwayi b’igituntu bagomba gufata imiti mu gihe cy’amezi<br />

runaka kigenwa na muganga.<br />

Igituntu ni ndwara ishobora kugira ubudahangarwa ku miti<br />

iyo abarwayi batayifashe uko bikwiye, ni ngombwa rero ko<br />

abarwayi badasiba gufata imiti n’umunsi n’umwe cyangwa<br />

ngo bahagarike imiti mbere y’igihe cyateganijwe.<br />

Abarwayi bashobora kugira ingaruka ku miti y’igituntu.<br />

Buri munsi, abaherekeza bagomba kubaza abarwayi uko<br />

bamerewe. Buri cyumweru, bagomba kubaza abarwayi niba<br />

hari ingaruka baba bafite ku miti.<br />

Igihe abarwayi bafite ingaruka zihutirwa, bagomba kwihutira<br />

kujya kwa muganga.<br />

Abarwayi niba badafite ingaruka zihutirwa, bagomba kujya<br />

kwa muganga mu gihe kitarenze icyumweru kimwe.<br />

Amagambo y’ingenzi<br />

Gufata imiti ubudasiba: gufata imiti uko byateganijwe; gukurikiza uko<br />

muganga yabitegetse<br />

Igituntu cy’igikatu: iyi ni indwara y’igituntu idakangwa imiti imwe<br />

n’imwe biba ngombwa ko umurwayi ahabwa imiti y’ubwoko bwinshi<br />

butandukanye<br />

Ubudahangarwa: bivugwa iyo indwara ibashije kwiga amayeri yo<br />

kurwanya imiti, indwara inesha imiti<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda


Imiti y’igituntu<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Kimwe n’imiti igabanya ubukana, imiti y’igituntu igomba gufatanwa<br />

ubushishozi. Bamwe mu barwayi baba bagomba gufata imiti myinshi<br />

itandukanye buri munsi. rifampicin, isoniazid, ethambutol, pyrazinamide<br />

na streptomycin ni imiti ikoreshwa mu kuvura igituntu.<br />

Ntabwo<br />

gifatanwa<br />

n’amafunguro<br />

(nibura amasaha<br />

2 umaze kurya)<br />

Rifampicin (R)<br />

Mu magambo ahinnye rifampicin ni (R).<br />

Ifatwa inshuro 1 ku munsi<br />

Mu gitondo – 6:00<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 227


228<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Ntabwo<br />

gifatanwa<br />

n’amafunguro<br />

(nibura amasaha<br />

2 umaze kurya)<br />

Isoniazid (H)<br />

Ifatwa inshuro 1 ku munsi<br />

Mu gitondo – 6:00<br />

Mu magambo ahinnye isoniazid ni (H). Hari ubwoko 2 bw’ibinini by’umuti<br />

wa isoniazid. Ibinini bipima mg 300 biba bifite umuti ukubye inshuro 3<br />

uboneka mu binini bipima mg 100.<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda


Ikinini gikomatanye:<br />

Rifampicin + Isoniazid (RH)<br />

Ntabwo<br />

gifatanwa<br />

n’amafunguro<br />

(nibura amasaha<br />

2 umaze kurya)<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Ifatwa inshuro 1 ku munsi<br />

Mu gitondo – 6:00<br />

Rimwe na rimwe rifampicin na isoniazid biboneka mu kinini kimwe. Iki<br />

ni “ikinini gikomatanye RH.” Hari ubwoko 2 butandukanye bw’ibinini<br />

bikomatanye. Ibinini bigira mg 300/150 bifite umuti mwinshi muri byo<br />

kurusha ibipima mg 150/100.<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 229


230<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Ikinini gikomatanye:<br />

Rifampicin + Isoniazid + Pyrazinamide (RHZ)<br />

Ntabwo<br />

gifatanwa<br />

n’amafunguro<br />

(nibura amasaha<br />

2 nyuma yo kurya)<br />

Ifatwa inshuro 1 ku munsi<br />

Mu gitondo – 6:00<br />

Bwira abahugurwa ko rimwe na rimwe rifampicin, isoniazid, ethambutol,<br />

na pyrazinamide bishyirwa mu kinini kimwe. Iki ni “ikinini<br />

gikomatanye RHEZ”. Mu magambo ahinnye cyandikwa RHEZ.<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda


Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Ikinini gikomatanye: Rifampicin + Isoniazid<br />

+ Ethambutol + Pyrazinamide (RHEZ)<br />

Ntabwo<br />

gifatanwa<br />

n’amafunguro<br />

(nibura amasaha<br />

2 umaze kurya)<br />

Ifatwa inshuro 1 ku munsi<br />

Mu gitondo – 6:00<br />

Bwira abahugurwa ko rimwe na rimwe rifampicin, isoniazid,<br />

ethambutol, na pyrazinamide bishyirwa mu kinini kimwe. Iki ni “ikinini<br />

gikomatanye RHEZ”. Mu magambo ahinnye cyandikwa RHEZ.<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 231


232<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Ikinini gikomatanye RHE<br />

Rifampicin+ Isoniazid+Ethambutol<br />

Ntabwo<br />

gifatanwa<br />

n’amafunguro<br />

(nibura amasaha<br />

2 umaze kurya)<br />

Ifatwa inshuro 1 ku munsi<br />

Mu gitondo – 6:00<br />

Abarwayi b’igituntu gisinziriye nta bimenyetso bagaragaza. Ntabwo<br />

bashobora kwanduza abandi bantu.<br />

Abarwayi b’igituntu gisinziriye, cyane cyane abana bari munsi y’imyaka 6,<br />

bakwiye gufata umuti wa isoniazid buri munsi mu gihe cy’amezi icyenda (9).<br />

Ni inshingano zanyu nk’abaherekeza gukurikirana ko abarwayi banyu<br />

bafata imiti uko bikwiye muri ayo mezi icyenda (9) yose.<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda


Ntabwo<br />

gifatanwa<br />

n’amafunguro<br />

(nibura amasaha<br />

2 umaze kurya)<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Ethambutol (E)<br />

Ifatwa inshuro 1 ku munsi<br />

Mu gitondo – 6:00<br />

Mu nyuguti imwe ethambutol yandikwa gutya (E).<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 233


234<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Ntabwo<br />

gifatanwa<br />

n’amafunguro<br />

(nibura amasaha<br />

2 umaze kurya)<br />

Pyrazinamide (Z)<br />

Ifatwa inshuro 1 ku munsi<br />

Mu gitondo – 6:00<br />

Mu magambo ahinnye pyrazinamide ni (Z).<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda


Streptomycin (S)<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Guterwa urushinge rumwe ku munsi<br />

mu mezi abiri ya mbere<br />

Mu gitondo – 6:00<br />

Mu magambo ahinnye streptomycin ni (S). Rimwe na rimwe mu bihe<br />

bidasanzwe abarwayi baterwa inshinge za streptomycin zo kubavura<br />

igituntu.<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 235


236<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Isoniazid (H)<br />

Igituntu kitandura (gisinziriye)<br />

Umuti ufatwa inshuro 1 ku munsi<br />

Ifatwa mu gihe cy’amezi 9<br />

Abarwayi barwaye igituntu kitandura nta bimenyetso bagaragaza. Ntabwo<br />

babasha kwanduza abandi bantu.<br />

Abarwayi b’igituntu kitandura bakwiye gufata umuti wa isoniazid<br />

inshuro imwe ku munsi mu gihe cy’amezi atandatu. Ni inshingano zanyu<br />

gukurikirana ko umurwayi afata imiti buri munsi muri ayo mezi 6.<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda


Ukwezi 1<br />

Ukwezi 2<br />

Ukwezi 3<br />

Ukwezi 4<br />

Ukwezi 5<br />

Ukwezi 6<br />

Igituntu Cyandura<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Abarwayi b’igituntu cyandura bafata imiti mu gihe cy’amezi 6.<br />

Mu mezi 2 ya mbere, abarwayi bafata imiti y’ubwoko bune butandukanye<br />

(rifampicin, isoniazid, ethambutol, na pyrazinamide.)<br />

Mu mezi 4 ya nyuma, abarwayi bafata ubwoko 2 bw’imiti butandukanye<br />

(rifampicin na isoniazid).<br />

Rimwe na rimwe imiti y’igituntu ikomatanyirizwa hamwe kugira ngo<br />

byorohere umurwayi gufata gufata ibinini bine (4) bitandukanye buri<br />

munsi. Ubwoko bubiri cyangwa butatu bw’imiti bushobora gushyirwa mu<br />

kinini kimwe. Iyo umurwayi afata imiti ikomatanye (rifampicin + isoniazid),<br />

ni nk’aho n’ubundi aba afata imiti y’ubwoko bune (4) uretse ko amira ibinini<br />

bitatu (3) bitandukanye gusa. Umuganga cyangwa umuforomo yandika<br />

imiti umurwayi wawe afata kugira ngo bigufashe kuyibuka.<br />

Imiti y’umurwayi ishobora gutandukana igihe afata imiti igabanya<br />

ubukana hamwe n’iy’igituntu icyarimwe. Akenshi iyi miti irabangamirana.<br />

Rimwe na rimwe, ibi byongera ingaruka ziterwa n’imiti. Ubundi, umuti<br />

umwe hari igihe utuma undi udakora neza. Muganga niwe ufata icyemezo<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 237


238<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

cy’umuti ukwiye ku barwayi ba VIH barwaye n’igituntu. Umuherekeza<br />

agomba kuvugana na muganga kuri izi ngero kugira ngo asobanukirwe<br />

n’ubwoko bw’umuti umurwayi agomba gufata n’inshuro agomba kuwufata.<br />

Iyo umurwayi ahagaritse gufata imiti mbere y’igihe cyateganijwe, bivugwa<br />

ko afata imiti nabi. Iyo umurwayi adafashe umuti uko bikwiye ubudasiba,<br />

indwara y’igituntu ishobora kugaruka. Icyo gihe imiti ntacyo iba ikibashije<br />

kugira icyo imarira umurwayi bityo umurwayi arongera akarwara.<br />

Ubudahangarwa buvugwa iyo igituntu kinesheje imiti<br />

Iyo igituntu kinesheje imiti, umuntu arwara igituntu cy’igikatu, igituntu<br />

cy’igikatu ni indwara ikabije kuba mbi cyane. Iyo umuntu arwaye igituntu<br />

cy’igikatu, abaganga bamwongera imiti myinshi y’ubundi bwoko. Igituntu<br />

cy’igikatu gishobora kwandura mu buryo igituntu gisanzwe cyanduriramo.<br />

Niyo mpamvu umurimo w’abaherekeza ari umurimo w’agaciro cyane.<br />

Mugomba gufasha abarwayi gufata imiti buri munsi kugeza igihe<br />

cyateganijwe, ibi bituma imiti y’igituntu ikomeza gukora neza kuri buri<br />

murwayi wese.<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda


Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Abantu babana na VIH/SIDA bakunda kwibasirwa n’igituntu cy’igikatu<br />

kurusha abandi barwayi basanzwe b’igituntu, bikaba bishatse kuvuga ko<br />

imiti isanzwe ntacyo yabamarira. Niba umurwayi wawe akomeje gukorora<br />

cyangwa kunanuka nyuma y’ukwezi kumwe atangiye gufata imiti y’igituntu,<br />

agomba kujya kwa muganga kongera kwisuzumisha.<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 239


240<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Kugenzura ibimenyetso by’ingaruka mbi<br />

ku miti<br />

Kimwe n’imiti igabanya ubukana, imiti y’igituntu nayo ishobora gutera<br />

ingaruka mbi.<br />

•<br />

•<br />

•<br />

•<br />

•<br />

•<br />

Zimwe mu ngaruka mbi ziba zigomba kwihutirwa kuvurwa.<br />

Iyo umurwayi afite izo ngaruka, aba agomba kwihutira kwa<br />

muganga.<br />

Zimwe mu ngaruka ntabwo ziba zihutirwa. Iyo umurwayi afite<br />

ingaruka zitihutirwa, yakwiye kujya kwa muganga mu gihe<br />

kitarenze icyumweru.<br />

Zimwe mu ngaruka z’imiti ni izisanzwe. Ntabwo ari ngombwa<br />

ko umurwayi ajya kwa muganga igihe azifite.<br />

Buri munsi, baza umurwayi wawe uko amerewe. Igihe umurwayi<br />

wawe avuze ko yumva atameze neza, mubaze ikitagenda neza.<br />

Niba ari ngombwa musabe kujya kwa muganga.<br />

Buri cyumweru, baza niba afite ingaruka zihariye.<br />

Reba urutonde rw’ibibazo ushobora kubaza ahanditse “Baza<br />

Umurwayi.”<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda


Ingaruka zihutirwa<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Guhumeka nabi Kuribwa mu gatuza<br />

Amahumane Kuruka<br />

Kumira ukababara Guhinduka umuhondo<br />

Kubyimba amaso Kubyimba ururimi<br />

Kutabona neza Gupfa amatwi<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 241


242<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Ingaruka Zihutirwa Baza Umurwayi<br />

Guhumeka nabi cyangwa<br />

kuribwa mu gatuza<br />

Kubabara mu gatuza<br />

Amahumane<br />

Kuruka<br />

Kumira ukababara<br />

Guhinduka umuhondo<br />

Kubyimba amaso<br />

Kubyimba ururimi<br />

Kutabona neza<br />

Gupfa amatwi<br />

Urahumeka nabi?<br />

Urababara mu gatuza?<br />

Hari amahumane waba ufite ku mubiri?<br />

Ugira iseseme cyangwa uraruka?<br />

Uramira ukababara?<br />

Hari ubwo waba ubona uruhu rwawe<br />

ruhindura ibara?<br />

Amaso yawe yaba abyimbye?<br />

Ururimi rwawe rwaba rubyimbye?<br />

Hari ubwo ugira ikibazo cyo kureba?<br />

Ubasha kureba nk’uko bisanzwe?<br />

Ubasha kumva neza nk’uko byari bimeze<br />

mbere?<br />

Igihe umurwayi wawe afite ingaruka ku miti zihutirwa kuvuza, aba<br />

agomba kwihutira kujya kwa muganga.<br />

Iyo umurwayi akeneye ubufasha mu kugera kwa muganga, ugomba<br />

kumufasha kugerayo uko ubishoboye.<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda


Ingaruka zitihutirwa<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Kuzungera Gucika intege<br />

Kuribwa imikaya<br />

Kokera cyangwa kugira ibinya<br />

mu biganza no mu birenge<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 243


244<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Ingaruka Zitihutirwa Baza Umurwayi<br />

Kudashaka kurya<br />

Kuzungera<br />

Gucika intege<br />

Kuribwa imikaya<br />

Kokera cyangwa kugira<br />

ibinya mu biganza no mu<br />

birenge<br />

Ubasha kurya neza?<br />

Wumva uzungera?<br />

Wumva nta ntege ufite?<br />

Uribwa imikaya/inyama z’umubiri?<br />

Wumva mu biganza cyangwa mu<br />

birenge hokera cyangwa harimo<br />

ibinya?<br />

Iyo umurwayi afite ingaruka zitihutirwa kuvuza, agomba kujya kwa<br />

muganga kwivuza bitarenze icyumweru.<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda


Ingaruka z’imiti zitihutirwa kuvuza<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Imwe mu miti y’igituntu ishobora gutuma umuntu yihagarika inkari<br />

z’umuhondo wijimye usa na n’ibara rya oranje. Ibi ni ibintu bibaho<br />

umurwayi ntabwo aba agomba kujya kwa muganga igihe abibonye.<br />

Ikindi kandi, imiti y’igituntu ituma imiti yo kuringaniza imbyaro idakora<br />

neza. Abagore bashobora kandi bakwiye gukomeza gufata imiti iringaniza<br />

imbyaro, ariko muganga ashobora guhindura uko igomba gufatwa.<br />

Mugomba kwibutsa abarwayi banyu gusobanuza muganga igihe bafata<br />

imiti yo kuringaniza imbyaro.<br />

Abarwayi b’igituntu babana na VIH/SIDA<br />

Abantu babana na VIH/SIDA bashobora kugira ingaruka mbi cyane ku<br />

miti y’igituntu igihe bayifatana n’imiti igabanya ubukana. Genzura witonze<br />

uburyo abarwayi bawe bafata imiti yombi iy’ubukana n’iy’igituntu bamerewe.<br />

Umuntu ubana na VIH/SIDA ufata imiti igabanya ubukana maze agatangira<br />

imiti y’igituntu ashobora kuremba mu minsi ya mbere. Ibi biterwa n’uko<br />

ubushobozi bw’umubiri we bwo kurwanya indwara, ingabo irinda indwara<br />

mu mubiri we, buba butangiye kugira ingufu zo kurwanya igituntu. Iyo<br />

ubushobozi bw’umubiri buri kurwana n’igituntu, rimwe na rimwe umubiri<br />

urangirika maze umurwayi akaba yagira ibimenyetso byisumbuyeho.<br />

Iyo umurwayi afite ingaruka zihutirwa, nko guhumeka nabi, aba agomba<br />

guhita ajya kwa muganga.<br />

Iyo umurwayi afite ingaruka zitihutirwa, agomba kujya kwa muganga<br />

kwivuza mu gihe kitarenze icyumweru.<br />

Iyo umurwayi arembye ku buryo atabasha kugera kwa muganga, mufashe<br />

kugera kwa muganga. Niba bidashoboka, jya kwa muganga ubimenyeshe<br />

abaganga cyangwa abaforomo, maze bashake uburyo umurwayi yagera<br />

kwa muganga.<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 245


246<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Igice cya 12, Umwitozo wa 2<br />

Udukino<br />

•<br />

•<br />

•<br />

•<br />

•<br />

•<br />

Umuherekeza asuye umurwayi w’igituntu umaze amezi arenga<br />

4 afata imiti y’igituntu. Umuherekeza arahageze asanga<br />

umurwayi asa n’ufite agahinda.<br />

Umuherekeza abajije umurwayi impamvu afite agahinda,<br />

amusubije ko yumva ameze neza ko yifuza guhagarika<br />

gukomeza gufata imiti. Ntabwo akunda ibinini ndetse rimwe na<br />

rimwe ibinini bimutera isereri.<br />

Umuherekeza agomba gusobanurira umurwayi impamvu<br />

ari ngombwa gukomeza gufata imiti. Umuherekeza agomba<br />

kugerageza kumva umurwayi akanamufasha.<br />

Umuherekeza asuye umurwayi kugira ngo amuhe imiti<br />

y’igituntu n’imiti igabanya ubukana. Umurwayi arwaye<br />

igituntu na VIH/SIDA icyarimwe.<br />

Umuherekeza abajije umurwayi ibibazo bitandukanye kugira<br />

ngo amenye niba nta kibazo afite mu buzima busanzwe<br />

cyangwa ku miti.<br />

Umurwayi abwiye umuherekeza ko afite ikibazo cyo guhumeka nabi.<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda


Inshingano z’umuherekeza<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

■ Kwitegereza abarwayi igihe bafata imiti buri munsi no<br />

kubashishikariza gukomeza gufata imiti kuzageza igihe cyateganijwe.<br />

■ Kubaza abarwayi, buri munsi, uko bamerewe. Buri cyumeru,<br />

kubaza abarwayi niba hari ingaruka bafite ku miti.<br />

■ Kureba ko nta ngaruka ku miti cyangwa kugubwa nabi n’imiti<br />

y’igituntu abarwayi bagaragaza kugira ngo ubafashe kugera kwa<br />

muganga ako kanya.<br />

■ Kubwira abarwayi bafite ingaruka ku miti zitihutirwa kujya kwa<br />

muganga mu gihe kitarenze icyumweru.<br />

■<br />

Guhumuriza abarwayi bagaragaje ingaruka ku miti zisanzwe zibaho.<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 247


248<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Inyandiko n’ibibazo<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda


Inyandiko n’ibibazo<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda 249


250<br />

Igice cya 12: Imiti y’igituntu n’ingaruka ishobora gutera<br />

Inyandiko n’ibibazo<br />

INSHUTI MU BUZIMA Igitabo cy’Umuherekeza: Inyandiko ya kabiri y’ikinyarwanda

Hooray! Your file is uploaded and ready to be published.

Saved successfully!

Ooh no, something went wrong!